
Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yagaragaje ko izi mpinduka ziri mu murongo wo guteza imbere imikino y’abagore ku Isi.
Ati “Ni impinduka zizongera inyungu iva mu mikino dutegura. Uyu ni umwanzuro kandi urashimangira intego dufite zo kuzamura umupira w’amaguru w’abagore ku Isi.”
Si ibi gusa kuko FIFA yanemeje ko muri ayo marushanwa hagomba kubamo ikipe y’abagore igizwe n’abakinnyi b’impunzi zo muri Afghanistan.
Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi riteganya kwemeza ko Igikombe cy’Isi cyo mu 2031 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe icya 2035 gishobora kuzabera mu Bwongereza, Scotland na Pays de Galles.
Igitaha cyo cyamaze kwemezwa ko kizabera muri Brésil mu 2027.